Ingingo GOSAF ikoresha mu ivugabutumwa

21/04/2012 16:14

Shalom Benedata muri Kristo Yesu, Umwami n’Umucunguzi wacu. Turashima Imana yo yongeye kuduha uyu mwanya n’umunsi wo kubaho nk’Umuryango w’Umusamariya Mwiza (GOSAF).

Nshimiye Imana, ubuyobozi bwa GOSAF banyemereye kuganira namwe zimwe mu Ingingo  GOSAF ikoresha mu ivugabutumwa

Tumaze gukora urugendo rusa nk’aho rubaye rurerure kandi twishimira uburyo Imana yabanye natwe mu myaka yashize ikadushoboza kuvuga ubutumwa ahantu hatandukanye. Twatangiye rero ikindi cyiciro cyo gukomera no kwaguka mu mbaraga z’umwuka ndetse n’imbaraga z’ibigaragara twigisha abantu guhinduka ingingo nzima mu itorero no gushaka kurushaho gusa na Kirisito.

Nyamara kandi twibanda cyane ku kubwiriza ubutumwa abantu batandukanye barimo ababyeyi, n’urubyiruko ahanini ubu rwiganje muri GOSAF. Tumaze kugeza ubutumwa mu duce tugera ku 12 harimo Mutunda, Shyembe, Butare, NUR, KIE, Butansinda, Ruhanga, Kinkanga, Nyanza(Idle), Gikonko, Mpanda, Buremera, Tambwe.

Twaragutse tujya I Gikomero tubifashijwemo. Turashaka kujya ku Kibuye, turiga kandi ukuntu twatangiza umusamariya mwiza mu Gatsata..

Twatangije kandi na GOSAF y’abato ikuriwe na Mrs Delly KAGIRIMPUNDU  na M.Claire NDAYIZEYE.  Aba bazafashwa na za Komite zishinwe abana kuri za Paroisse nkuko inzego za GOSAF ziri. Bizakomeza gukurikiranwa na Marthe MUKARUGIRA,GDEvangelism.

 Ibi byagezweho hifashishijwe Indangagaciro 20 za GOSAF. Uyu ni umusaruro w’Umuhamagaro wa buri wese Muri GOSAF n’Inshuti dusabira umugisha w’Uwiteka uko dusenga.

GOSAF yashyizeho gahunda zitandukanye zahuza abagize GOSAF n’Inshuti.

Aha navuga :

  • Amatsinda mato agenewe guhuza abantu byibuze 7 rimwe mu Icyumweru, basangira Ijambo ry’Imana, bungurana Inama k’Umurimo bahamagarirwa, banasangira Ibyiyumviro, bahuje umutima basenga.
  • Ihuriro ry’abagize site
  • Iminsi twizihiza: Getsemane tea/Sharing day (Umunsi wo gusangira, Umunsi wo Kwiyiriza ubusa (Fasting day), Umunsi wo gusengera k’Umusozi Sinai (Sinai Prayer day), Umunsi wa Betesida (Betesida day), Umunsi w’amashimwe ugaheruka indi maze ukaduhuriza hamwe abagize GOSAF National duteranyijwe no Kwishimira ibyo Imana yadushoboje.

Dufite intumbero  yo kurushaho guhuza Umutima nubwo dukorera mu duce dutandukanye.

  • Hashyirwaho  Akanyamakuru  “The Psalter ” kajya gasohoka nyuma ya buri mezi atatu, gakubiyemo Ubutumwa, Amashimwe, Intashyo, Raporo, Amatangazo n’amakuru anyuranye. Akanyamakuru kacapirwa kakagurishwa amafaranga buri muguzi yisangamo.
  •  

Page | 1          4/21/2012

GOSAF RWANDA    Genda nawe ugire gutyo. Luka 10:37c

 

Gushyiraho itsinda ry’abakoranabushake bahoraho, bakigishwa inyigisho fatizo za GOSAF ndatse n’andi mahugurwa shingiro ya GOSAF: bigambiriye kubashoboza kugera hose mu matsinda ya GOSAF n’ Inshuti zayo byibuze rimwe mu kwezi.  Baganira, bigisha inyigisho za GOSAF ndetse bakanakusanya amakuru ya Site yajya asohoka mu akanyamakuru kavuzwe haruguru.

 

GOSAF RWANDA ibifashijwemo n’abanyamuryango, bazajya batanga inkunga zishyura ingendo, ifunguro, n’utundi twangombwa nkenerwa k’urugendo. Twibuke ko ari abakorera bushake; bisubanura ko batahora bahanze amaso iyo nkunga.

 

  • Kubaka Urugo rw’Umusamariya mwiza: rwabamo Biro, amacumbi, n’ibindi bikorwa byabyara inyungu za GOSAF. Hakabamo Umu/aba kozi bashyira mu mirimo ya buri munsi ya GOSAF RWANDA.
  • Gushyiraho ubwisungane/ cooperative y’abagosafu: hagashyirwaho imisanzu yungukira nyirayo na GOSAF. Ishorwa mu mishinga ibyara inyungu duhereye ku  itsinda. Iki gitekerezo gishimwe cyazagarukwaho mu Inama nkuru ya GOSAF RWANDA 2012, hagenwa Imigabane yashorwa n’ibindi by’ingenzi.  Iyi cooperative yaduhuza twese tugahorana k’Umutima GOSAF, tukabona GOSAF muri Raporo. Roho nzima m’umubiri muzima.
  • Dushimira imana ko dutangiye no Programme nshya yitwa “One Livestock per Child” igambiriye koroza umwana nk’umuterambere. Aho dushingira ku miryango ikennye kurusha indi binyuze ku amatsinda ya GOSAF aho aherereye. Ibi bivuga ubutumwa kuko burya Ugusangije kugubwaneza abagasangije ubuzima.
  • Imana ihimbazwe yo idushoboza  gufasha ibinyujije mu abanyamuryango ndetse n’inshuti z’umuryango bagakusanya imyambaro ihabwa abakene batoranijwe n’itsinda ry’abanyamuryango.
  • Tuvuga ubutumwa, tukanahugurana twifashishije Inyandiko ndetse n’urubuga rwacu : https://gosaf.webnode.com/  Ni byiza ko mwadusura mukaduha n’ibitekerezo. Igihe musize ubutumwa k’umwanya wagenwe munsi ahahera ukinjira k’uru rubuga uba uduteye inkunga.

Nsoza, nagira ngo mbamenyeshe ko ibi duteganya “habuzemo umwe tutarya” Aka wa mugani.

Hari byinshi ngira kamaro nyamara byose siko byashyirwa mu bikorwa kugeza ubu GOSAF imaze imyaka 9, nta muterankunga wundi uretse mwe ifite. Niyo mpamvu duhamagarira buri wese musabe kandi niba bishimwa na mwese, uyu mwaka wa 2012, umwaka  uwo GUKURA NO KWAGUKA  bikomeze gushingira k’UKUBAKA NO KUBAKANA . Dushyireho imfatiro, dutange impano kuri GOSAF, ive ibwana igire intero nshya.

 

Mwene so muri Kristo Yesu,

John L. MANISHIMWE

Umuyobozi wungirije ushimzwe Ivugabutumwa n’Iterambere

John

 

 

 

 

 

Page | 2          4/22/2012

GOSAF RWANDA Genda nawe ugire gutyo. Luka 10:37c

 

 

……………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………………….………………………

Njyewe (amazina)…………………………………………………………………………

Utuye (Aderesi)…………………………………………..(B P)………………………..

Telephone:………………………………….Email:………………………………………

Nejejwe no gushyigikira ibikorwa by’iterambere ry’ivugabutumwa

 ikorwa na GOSAF RWANDA, n’ Impano y’amafaranga:

(Shyira akamenyetso v ahakwiriye):

RWF 100     RWF 500RWF 1000    RWF 2000   RWF5000

Andi  RWF…………………..Mu nyuguti:………………………………………………

Indi mpano yitwa………………………. Ihwanye RWF………………..

Iherereye i: …..………………………………………………………………………………

Agenewe (Shyira akamenyetso v ahakwiriye):

  1. Gucapa inyandiko
  2. Itumanaho n’ingendo
  3. Inyubako
  4. Kugura ibikoresho
  5. Gufasha abatishoboye
  6. Kwakira no gusura abatugana
  7. Indi mirimo

Twandikire Sheki yishyurwa GOSAF RWANDA ,

konti#.461-2330765-11. Yitwa: GOSAF RWANDA.        Banki: Banki y’abaturage (BPR)    

Tanga uko ushoboye ubu wibuka ko : Buri giceli cyizana itandukaniro.

……………………………………………………………………………………………………………………………………………………….……………………

I(Names)…………………………………………………………………………

Living(Address)…………………………………………..(P.O Box)………………………..

Telephone:………………………………….Email:………………………………………

am happy to support GOSAF Development and evangelism activities with:

(Mark (V) where necessary):

RWF 100   RWF 500 RWF 1000 RWF 2000RWF5000

Other  RWF…………………..In Word:………………………………………………

Other sort of Gift………………………. Valued RWF………………..

Located @: …..………………………………………………………………………………

Supporting (Mark (V) where necessary)::

  1. Printing +Photocopy
  2. Communication+Mission
  3. Building
  4. Purchases of Tools
  5. Support the Poor
  6. Visit+Hosting Visitors
  7. Other activities

Send a cheque made payable to GOSAF RWANDA ,

Account# 461-2330765-11. Named: GOSAF RWANDA. Bank: BPR

 

Page | 3          4/22/2012

GOSAF RWANDA Genda nawe ugire gutyo. Luka 10:37c

 

Please give what you can today and remember: Every coin makes a difference     

 

profiles.google.com/info.reliefandovercomes

Read about us

You can also download this

 

Back

Search site

© 2012 All rights reserved. Konti y’Umuryango w’Umusamariya mwiza iba muri BPR ifite N° 461-2330765-11 yitwa GOSAF RWANDA